Kizito Mihigo ku mapingu ariho
aravugana n'abanyamakuru
|
Nk’uko mwabigejejweho na SHIKAMA, muri Mata 2014 nibwo inkuru y’incamugongo yasakaye mu Rwanda no ku isi yose nk’icyo abantu bise ikidashoboka : « Kizito Mihigo arafunzwe kuko yacuze umugambi wo guhitana Perezida Paul Kagame». Abantu bari bazi Kizito Mihigo bakubiswe n’inkuba abandi bananirwa kubyumva bararekera, itangazamakuru natwe tuba tubonye akazi.
Ikihutirwaga muri byose nk’uko abakozi ba SHIKAMA bakorera i Kigali babitugejejeho, ni ukwiyumvamo ko urukundo abaturage bakunda Mihigo bakirwifitemo. Iyi ngingo ikaba yarahuye n’imbogamizi ikomeye yaturukaga mu butegetsi bwite bwa Leta y’u Rwanda bwakomezaga kwemeza ko Kizito ibyaha ashinjwa anabyiyemerera.